Quantcast
Channel: Ubutabera Archives - Umunyarwanda
Viewing all 619 articles
Browse latest View live

Angelique Kantengwa yarekuwe by’agateganyo

$
0
0

Mu Rwanda, urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rumaze kurekura by’agateganyo Kantengwa Angelique wahoze ayobora ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi n’ubwishingizi n’indwara.

Kantegwa uregwa icyaha cyo gutanga ibya Leta ku buntu no kunyereza umutungo Leta, ku munsi w’ejo yaje mu rukiko atwawe na zimwe mu mfungwa zimurwaje agaragara nk’urembye cyane.

Iyi akaba ari nayo mpamvu we n’umwunganira bakomeje gusaba urukiko ko rwaba rumurekuye by’agateganyo akivuza, aho yavugaga ko yari asanzwe avurirwa hanze y’ u Rwanda.

Urukiko rwa Nyarugenge rwategetse ko Kantengwa Angelique aba arekuwe by’agategateganyo kubera ikibazo cy’uburwayi bukomeye we n’umwunganira Me SHEMA GAKUBA bamaze iminsi bagaragariza urukiko.

Kurekurwa by’agateganyo mu buryo bwihuse byasabwe n’umwunganira kuva mu mpera z’iki cyumweru anerekana noneho bwa mbere impapuro za muganga zasabagwa na mbere mu rukiko rukuru.

Ku munsi w’ejo Kantengwa yari yazanywe arinzwe kandi atwawe mu maboko n’izindi mfungwa zimurwarije mu bitaro bikuru bya Kigali.

Yazanywe imbere y’umucamanza avuye mu bitaro nyuma y’aho ubushinjacyaha buvugiye ko nubwo arwaye butemera ko yunganirwa atahibereye.

Nta magambo menshi yavugiye imbere yarwo.

Yavuze rimwe gusa, ubundi asaba urukiko kwicara umwunganira agakomeza.

Uru rubanza rwoherejwe mu rwisumbuye ruvuye mu rukiko rukuru, nyuma y’aho umucamanza mu rukiko rukuru afatiye icyemezo cy’uko urwisumbuye rwa Nyarugenge arirwo rugomba kongera kuruburanisha ruhereye mu mizi kibera icyaha gishya.

Ni icyo kunyereza umutungo wa Leta gishobora guhanishwa imyaka kiyongereye ku cyo gutanga ibya Leta ku buntu.

Icyaha gihanishwa igifungo cy’imyaka 10 kuwo gihamye.

Ibya Leta aregwa ko yatanze nta kiguzi birimo amadorali ibihumbi 30.000 cyangwa miliyoni 24.000.000 mu mafaranga y’u Rwanda ngo yahaye rwiyemezamirimo ku gishushanyo mbonera cy’ikigo yari abereye umuyobozi RSSB.

Inkuru ya BBC Gahuza Miryango


KUBA NAREREKANYE UKUNTU INZEGO ZA LETA ZIRI GUCAMO IBICE ABANYARWANDA SINAKAGOMBYE KUBIFUNGIRWA AKA KAGENI AHUBWO NAGAKWIYE KUGORORERWA!!!!!

$
0
0

Uyu munsi kuwa 4 werurwe nibwo bwa Jean Baptiste Icyitonderwa yitabye urukiko rukuru rwa Kigali aho yaburanaga ubujurire bw’urubanza rwaciwe n’urukiko rwisumbuye rwa Gasabo

Icyitonderwa yagaragarije urukiko rukuru impamvu zatumye ajurira,zirimo kuba aregwa ko yakoze inyandiko mpimbano kandi ibyo bamuregesha hari ababyiyemerera,impamvu yatanze ni nyinshi nkuko turi bubigarukeho mu itangazo turi gutegura,ariko icyatangaje abitabiriye urubanza ni ikibazo umucamanza yabajije umushinjyacyaha,amubaza niba impapuro afata nk’ibimenyetso ari umwimerere,umushinjacyaha nawe ati ntamwimerere nabonye nange nazibonye gutya! aha ariho umwunganizi wa Icyitonderwa yazamuye ijwi avuga ko umushinjacyaha yabeshye urukiko,aho yagize ati umwimerere uri kwa Minisitiri w’intebe niyo mpamvu atawumuhaye murwego rw’ibanga rigomba kugirwa n’inzego bityo tukaba twibaza ukuntu umushinjacyaha arega kandi atararegewe n’uwo wandikiwe cyangwa se buvuga ko yabeshwe,

Icyitonderwa waje mumodoka y’ikamyo yicaye inyuma wenyine,yaje agaragara nk’unaniwe cyane bitewe n’urugendo rurerure kandi akomanganya amenyo kubera imbeho,bigaragara ko na marariya yarikimurimo kuko yaramaze iminsi atamerewe neza,

Icyitonderwa yibukije urukiko ko leta y’u Rwanda inyigisho yayo ari ukuvugako amoko yaje ashingiye kubyiciro aho ivuga ko ngo uwagiraga inka,yitwaga iki,uteye intambwe akitwa ubwoko runaka,ati namwe murebe aho byagejeje u Rwanda nk’uko Leta ibyigisha ari naho yashimangiye imvugo ivuga ngo ngaho namwe mumbwire umuntu uzitwa UMUHANYA,UMUHIRIMBIRE n’ibindi ati ibyo bintu icyerekana ko nakanagororewe aho kugororerwa uburoko!ikindi nuko na leta nyuma yaho tugaragaje ko tutabyishimiye nayo yarabihinduye kandi iha abana biga muri za kaminuza inguzanyo bagenerwaga.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko ataregwa ibyo yakoze ahubwo bumurega ko yatanze abantu ababeshyera ko bashyize imikono yabo ku mugereka w’ibarwa yatanze,mugihe Icyitonderwa avuga ko nubwo atariwe wasinyishije abantu cyane ko niba harabaye ibyo byo gusinyisha abatari abanyeshuri hashakwa abo bari bahagarariye icyo gikorwa cyo gusinyisha kuko bo biyemerera ko aribo bashatse ababikora bakabizanira Icyitonderwa murwego rwo kumwereka ko hari abanyarwanda bashyigikiye igitekerezo cye,akanavuga kandi ko ibi byose byabaye ntabugome bwarimo ahubwo ni inyungu rusange

Ikindi nuko nabo bavuga ko bemeye ko basinyiwe ntawabiha agaciro kuko batagaragaye murukiko,ikindi ni umwuka wariho igihe ubushinjacyaha bwerekana ko babajijwe bitewe ko uwo munsi aribwo ibarwa yagejejwe kwa Minisitiri w’intebe ari nabwo hatawe muri yombi abantu benshi bafitanye isano nicyo gikorwa,bivuze ko hanabaye iterabwoba rikomeye kuri bo.

Nkuko twatangiye tubibabwira turi kubategurira neza itangazo rirambuye

 

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS IMBERAKURI

MWIZERWA Sylver (sé)

Rwanda: David Kabuye yasubiye mu rubanza

$
0
0

David Kabuye araregwa ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo no gusebanya mu ruhame.

Yafashwe mu ntangiro z’uku kwezi ubwo yari agisohoka na none muri gereza arangije igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu ku cyaha cyo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Cpt David Kabuye yitabye mu myambaro isanzwe itari iy’imfungwa arinzwe cyane n’abapolisi.

Yasaga nukebuka akamwenyuraho gato mu gihe cyo kuvuga intaro yo kongera gufatwa n’inzego z’umutekano kuri iyi nshuro ya kabiri nyuma y’amezi atndatu gusa arangije igihano cy’igifungo muri gereza ya Nyarugenge.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Capitain David Kabuye aregwa ibyaha birimo kuba yarageze muri gereza ngo agatangira kumvikana avuga amagambo agaragaza ko akorana n’abarwanya Leta.

Umushinjacyaha yavuze ko yakoranye kandi n’abafungiwe ibyaha byo gukorana na FDRL, hamwe n’abakoze ibikorwa by’iterabwoba.

Aranaregwa kandi kuba ngo yaravuze ko yemera ibyavuzwe muri Film ‘Rwanda’s Untold story‘, yatambutse kuri BBC mu mpera z’umwaka ushize.

Ndetse ngo anavuga ko ibyavuzwe ku mirambo yabonetse muri Rweru aribyo kuko ngo ari iy’abagande n’abanyarwanda Leta yajugunye muri icyo kiyaga.

Mu bindi aregwa kandi harimo no gukorana n’umwami Kyigeli no kunenga ubutegetsi bwa Perezida Kagame, aho ngo yavuze ko bwigijeyo abo bwatangiranye urugamba, ngo bukwiye kuvanwaho.

Ibi byose bikubiye mu byaha bibiri aribyo guteza imvururu cyangwa imidugararo no gusebanya mu ruhame, byari byanashyizwe no ku rubuga rwa Polisi ubwo yamutaga muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi.

David kabuye yahakanye ibyaha aregwa byose

Avuga ko ari ibyo yahimbiwe ubwo yari akimara gusohoka muri gereza arangije amezi 6 ku gihano cy’igifungo.

Yavuze ko intandaro yabyo ari uko ubwo yari ageze muri gereza yatangiye gukora rapport yaje no gusohora asohotse ku mikorere y’ubucuruzi mu gisa n’ibanga rikomeye hagati y’imfungwa na bamwe mu bayobozi ba gereza, ngo yinjiza akayabo k’amafaranga.

Avuga ko mu bakora ubwo bucuruzi harimo abakatiwe burundu y’umwihariko, bamwe ngo bakaba bafitemo za Banki zikora, Pharmacies, no kwishyura Telefone ku mugororwa ushaka guhamagara umuntu udafunzwe.

Yatanze urugero ko nk’ipaki imwe y’itabi igeza mu mafaranga abarirwa mu bihumbi 16000 y’ u Rwanda.

Umwunganira yabwiye urukiko ko ibyo byaha byose nta shingiro kuko ngo ari ibihuimbano kandi nta n’ibimenyetso.

Yavuze ko ngo nko ku cyo gukorana n’Umwami kiregwa uwo yunganira ari amagambo abashaka gukanga abandi kuri ubu basigaye bakoresha, bityo rudakwiye kuyaha agaciro.

Maze asaba ko rutaha agaciro iby’ubushinjacyaha buvuga byo kuba bufunze David Kabuye by’agateganyo kuko ngo yabangamira abatangabuhamya.

Maitre Ndikumana Vincent wunganira Kabuye yavuze ko kubangamira abo batangabuhamya bitashoboka mu gihe abamushinja bose basanzwe ari imfungwa ziri hamwe kandi zirindiwe umutekano.

Capitaine David kabuye yafashwe wasezerewe mu ngabo yari asanzwe akora imirimo y’ubucuruzi.

Ni umugabo wa Lt Coloneli Rose Kabuye wahoze ashinzwe gutegura ibirebana n’ingendo z’umukuru w’igihugu Paul Kagame.

Hari mu mpera z’ukwezi kwa munani umwaka ushize, bwo akaba yararegwaga gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko, icyaha yahaweho igifungo cy’amezi 6.

Urukiko rwavuze ko ruzafata umwanzuro kw’ifatwa n’ifungwa by’agateganyo ku munsi w’ejo.

Source: BBC Gahuza-Miryango

LETA YA FPR INKOTANYI IGEZE AHO YEMERA KO HARI ABAFUNZWE KANDI BARANGIJE IBIHANO !

$
0
0

Nyuma y’igihe kirekire Ishyaka PS Imberakuri ridahwema kuvuga ko hari abanyarwanda afunzwe bararangije ibihano bari barahawe n’inkiko;

Nyuma y’aho FPR-Inkotanyi yakomeje kurwana inkundura ivuga ko ibyo bintu bivugwa ari binyoma byambaye ubusa ;

Rigarutse kandi ku bimenyetso simusiga ryagiye ritanga byerekana, amazina, imyirondoro ‘igihe bamaze bafunze;

Ryibukije kandi ko abo bantu bamaze igihe kinini bafungiwe akamama, none na FPR ikaba maze kwiyemerera koko ko bafungiwe ubusa;

Rigarutse ku mpaka zabaye hagati ya Ministri w’Umutekano n’uwo Ubutabera; rishingiye yane cyane ku bisobanuro Ministri w’Ubutabera kuri komisiyo ya Sena ishinzwe uburenganzira bwamuntu;

Ishyaka PS Imberakuri ritangarije Abanyarwanda, Inshuti z’u Rwanda n’Imberakuri ibi ikurikira :

Ingingo ya mbere :

Ishyaka PS Imberakuri rifite agahehere ku mutima kuko nyuma  y’igihe kinini ridahwema kweraka leta ya Kigali ko mu magereza yo mu Rwanda hari imbaga y’abanyarwanda bafungiyemo kandi bararangije ibihano, ndetse n’abandi bakaba babaho mu bulyo bubi, ugeza aho barushwa agaciro n’inyamanswa, nyamara inzego zibishinzwe zikaba zali zarakomeje kwica amatwi, none ho abayobozi bakuru bagiye bakwemera Ukuri.

 Ingingo ya Kabiri :

Nk’uko byagaragajwe n’inzego za Leta ya Kigali, infungwa zirenga ibihumbi bitatu (3.000) zikomeje kuborera muri gereza kandi zararangije ibihano. Gusa tutagiye mu ntambara y’imibare, abakurikira neza ikibazo cy’amagereza bazi ko uyu mubare ari muto cyane ugereranyije n’abantu koko barangije ibihano kandi bakaba bagifunze, ndetse n’abafunze batagira amadosiye namba;

Ingingo ya gatatu

Kuba Leta ya Kigali yemeye ko hari benshi barangije ibihano ntibemererwe gutaha ni byiza. Gusa, Leta ikwiye gutera indi ntambwe ikabarekura vuba kandi ikabagenera n’indishyi. Ni ngombwa kandi ko n’abafunzwe bafatwa mbere na mbere nk’abantu aho kuba imbohe zihozwa ku kandoyi muri za kasho. Bakeneye uburenganzira bw’ibanze bujyanye no kubona ikibatunga aho guhabwa intica ntikize y’ibishyimbo n’ibigori byaboze. Bakeneye kandi wivuza no gusurwa n’imiryango yabo, bityo n’abashora kubagezaho agafunguro bakakabagezaho, aho kubahatira guhahira muri kantine zashyizweho mu ma gereza zigamije gusiga iheruheru imiryango y’imfungwa kubera ibiciro bihanitse byashyiliweho kongera indonke za ba nyili
kantine.

Ingingo ya kane

Tutibagiwe n’uko imanza nyinshi zagiye zirangwa cyane cyane no kumvisha no kunyaga imitungo y’abandi, ishyaka PS Imberakuri rirongera gusaba Leta ya Kigali kuzilikana ko Ubucamanza bwigenga kandi bukorera mu Ukuri ari imwe mu nkingi y’inyabutatu yagombye kuranga ubutegetsi bwose. Bityo rero, hakaba hakwiye gufatwa vuba ingamba zihamye zo gukosora ayo makosa yose yagiye aboneka ku bulyo abanyarwanda bakongera kubugilira ikizere.

Imberakuri ntituzatezuka guharanira Ubucamanza abanyarwanda bose bibonamo.

Bikorewe i Kigali kuwa 16 Werurwe 2015

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS IMBERAKURI

MWIZERWA Sylver (sé)

IMBERAKURI ZIRABONA KO KUGIRANGO URUBANZA RWA YOHANI BATISITA ICYITONDERWA RUSOMWE ARI UKUBANZA KUBAZA IBUKURU

$
0
0

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N° 009/P.S.IMB/015

Rishingiye kuri gahunda yari yatanzwe n’umucamanza kw’isomwa ry’urubanza rwa bwana ICYITONDERWA ryagombaga kuba uyu munsi kuwa 31 Werurwe 2015 ; Rigarutse kucyemezo cyafashwe na Gereza afungiyemo cyo kutamuzana ku rukiko aho yagombaga gukurikirana isomwa ry’urubanza rwe ; Ryibukije imiburanire ishingiye kubimenyetso bifatika nk’uko byagaragajwe na bwana ICYITONDERWA YOHANI BATISITA ari kumwe n’umwunganira ; Ishyaka PS Imberakuri ritangarije Abanyarwanda, Inshuti z’u Rwanda n’Imberakuri by’umwihariko ibibikurikira:

Ingingo ya mbere: Uyu munsi kuwa 31 Werurwe, n’ubwo imvura yashatse kuba kidobya mu masaha y’isomwa ry’urubanza m’ubujurire bwa bwana ICYITONDERWA, ariko ntibyabujije Imberakuri kujya kumva icyemezo umucamanza afata kuri ubwo bujurire yaburanishije.

Ingingo ya Kabiri: Ibyabaye mw’isomwa ry’uru rubanza ntibyatunguye abitabiriye urubanza. Bisa neza neza n’ibyabaye ku isomwa ry’urubanza mu bujurire bwaburanwaga na bwana MWIZERWA Sylver ndetse na MUKESHIMANA Donatien muri 2010. Uyu munsi naho, isaha umucamanza yari yatanze yageze, asoma imanza zindi, ariko, ntiyagira icyo avuga k’urubanza rwa ICYITONDERWA. Bimaze kuba akamenyero rero kumanza za politiki. Ingingo ya gatatu: Ishyaka PS Imberakuri rirasanga kudasoma ururubanza, wabihuza n’uko nyiri ubwite, bwana ICYITONDERWA atagejejwe mu rukiko, ndetse ntamenyeshwe isubikwa ry’isomwa ry’urubanza rwe ; amakuru yatugezeho n’uko yariyiteguye, ageze aho babakura babajyana mu rukiko, bamushubije muri gereza ntakindi gisobanuro ahawe; bigaragaza neza ko hari izindi nzego zitanga umurongo abashinzwe imanza za politiki bagenderaho.

Bikorewe i Kigali kuwa 31 Werurwe 2015

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS IMBERAKURI

MWIZERWA Sylver

(sé)

Alexis Bakunzibake yakatiwe imyaka 25 adahari!

$
0
0

Amakuru agera kuri The Rwandan aravuga ko Bwana Alexis Bakunzibake wo mu ishyaka PS Imberakuri, wavuye mu Rwanda agasanga abarwanyi ba FDLR muri Congo, yakatiwe adahari mu rubanza ubushinjacyaha bwamuregagamo gukorana na FDLR kimwe no guhungabanya umudendezo w’igihugu, urukiko rukuru rwa Kigali ejo ku wa gatanu tariki ya 19 Kanama 2015, saa tanu rwamutiye imyaka 25 n’ihazabu ya miriyoni 7.

 

Kuki abavoka batinya kuburanira Green Party niba Urwanda rutarimo iterabwoba?

$
0
0

Nyuma yo kumva ko Green Party yageze imbere y’urukiko ikabura uyiburanira ku munota wa nyuma kandi ikaba yaranyuze ku bavoka barenze bane, bose bakagira ubwoba, bakanga kunganira abarega, negereye impuguke mu mategeko Maître Innocent Twagiramungu mubaza niba amahame y’umwuga w’abavoka yaba yemera kwanga kuburanira ubisabye. Mbere na mbere ariko twibukiranye iby’iki kirego n’ingorane ba nyrikurega bari guhura na zo.

Abavoka bari mu bantu b’ibanze bo kwitabaza imbere y’ubutabera haba kuwaba aregwa cyangwa arega. Umwavoka arengerwa n’mategeko by’akarusho kuko muri rusange ntashobora kuzira icyo avuze mu rukiko mu gihe kigamije kurenganura uwo aburanira. Nta rwitwazo rusobonurwa rwatuma umwavoka yanga kuburanira ubimusabye.

Mu Rwanda ho, kwanga kuburanira ubisabye birakorwa. Byaba biterwa ni iki niba atari ubwoba bw’inkurikizi mbi byagirira umwavoka ? Niba atari iterabwoba ni iki ? Kubera ko nta gaciro ikirego gifite ? Mu gihe urukiko rwakiriye ikirego, rugasanga cyujuje ibisabwa n’amategeko ngo cyakirwe kinaburanishwe, hari impamvu yindi ifite ishingiro yatuma umwavoka yanga kuburana ?

Mu ntangiriro za Kamena uyu mwaka, ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, (Green Party), riyobowe na Dr Frank Habineza ryagejeje ikirego imbere y’urukiko rw’ikirenga, aho rwasabye ko rutakwemerera Intekonshingamategeko guhindura ingingo y’101 y’Itegekonshinga aho ivuga ko manda za perezida wa Repubulika zidashobora kurenga ebyiri.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 08 Nyakanaga 2015 ni bwo urukiko rw’ikirenga rwari rwatumiye abareze ngo baze imbere y’abacamanza basobanure binononsoye ikirego cyabo. Dr Frank Habineza, perezida wa Green Party n’abo bayoboranye bagaragarije urukiko ko bakomeje kubura umwavoka wemera kuza kubaburanira ndetse basaba ko bakongerwa igihe kugira ngo bamushakishe kuko mu rukiko rw’ikirenga ntawushobora kwiburanira kabone n’aho yaba ari impuguke cyangwa inzobere mu mategeko.

Inshuro enye zose, Green Party yashatse abavoka bakisubiraho nyuma

Ku nshuro ya mbere, umwavoka wagombaga kuburanira Green Party, yabwiye Dr Frank Habineza ko yashyizweho iterabwoba n’abantu banyuranye, ngo banarimo na bamwe mu bo bahuriye mu rugaga rw’abavoka i Kigali.

Ku nshuro ya kabiri, umwavoka wari wemeye, yaje kwisubiraho, maze abwira Dr Frank Habineza ko yavuze amasengesho ni uko ngo Imana imwereka ko adakwiye kuburana urubanza rufite aho ruhuriye na perezida Kagame!

Ku nshuro ya gatatu, umwavoka wundi Green Party yari yizeye na we yaje kubatenguha ndetse arababwira ngo n’aho bamwishyura miliyoni ntiyaburana ruriya rubanza.

Ntabwo Green Party yacitse intege, yakomeje gushakisha ibona uwa kane, cyakora ku munota wa nyuma nawe yabatengushye kuko ntiyakandagiye mu rukiko kandi uyu munsi aribwo hari hategenyijwe urubanza. Imbere y’abacamanza, uhagarariye Green Party yavuze ko uwari kubaburanira yagize ubwoba bwo kuza kuburana.

Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ryasabye kongererwa igihe kugira ngo rishakishe undi mwavoka. Itariki bahawe yo kuburana ni 29/07/2015.

Ese hari impamvu amategeko yemera zatuma umwavoka yanga kuburanira ubimusabye?

Iki ni ikibazo nabajije Maitre Innocent Twagiramungu. Yansubije ko hari impamvu ebyiri
1. Kuba umwavoka yaba asanga atemera ibikubiye mu kirego. Yagize ati : « Iyo utemera sa cause kuko amategeko adusaba gufata les causes que nous croyons en âme et conscience juste ».
2. Umwavoka ashobora no kwanga bitewe n’ingaruka zikomeye abona byamukururira. Yagize ati : « Ushobora no kwanga bitewe na risque auquel l’affaire t’expose ».
Nabajije kandi Maître Innocent Twagiramungu, akurikije uko akurikirana n’ibibera mu Rwanda, niba asanga bishoboka ko ikibuza abavoka kuburanira Green Party niba umuntu yagishakira muri ziriya mpamvu ebyiri. Yansubuje agira ati : « Aucune des deux raisons navuze n’est valable ». Mu kinyarwanda ncishirije ni nk’aho yavuze ko ikibuza abo bavoka kuburana nta ho gihuriye n’izi mpamvu yasobanuye.

Bikomeje kuriya, umwavoka bashatse wese akagira ubwoba bwo kubunganira imbere y’urukiko, ni ukuvuga Green Party ishobora gutsindwa itanaburanye. Mu gihugu kivuga ko kigendera ku mategeko n’ubwisanzure birakwiye ko inzego bireba zibaza niba ubutabera butabangamiwe iyo habaye ibintu nk’ibi. Urugaga rw’abavoka mu Rwanda na rwo rukwiye kwibaza rukisubiza. Ese rwarebera gusa aho umunyarwanda yiruka imisozi akayirangiza akabura utinyuka kumuburanira kandi hari abavuga ko biyemeje ndetse barahiriye kunganira ababurana.

Ikirego cyarakiriwe, kirasuzumwa, inzego z’urukiko zemeza ko gishobora kuburanishwa. Iyo kiba kitujuje ibisabwa n’urukiko, ntirwari kucyakira. Kubura umwavoka bishobora gutanga isura mbi y’uko mu Rwanda hariho iterabwoba, ko mbese ari nko kwihararukwa kuburana imanza zifite aho zihuriye n’abakomeye muri Leta. Nyamara Itegekonshinga rivuga ko abantu bareshya imbere y’amategeko.

mulindahabi

Jean-Claude Mulindahabi 

EJCM INFO

ICYITONDERWA YOHANI BAPTISTE ATI:”NTANGAJWE NO KUBONA UBUSHINJACYAHA BUNDEGESHA INYANDIKO BWIHIMBIYE”!!!!!!!

$
0
0

Kuri uyu wa 9 Nyakanga 2015 niho haburanishijwe urubanza mubujurire bwatanzwe na bwana Jean Baptiste Icyitonderwa aho yaburanaga n’ubushinjacyaha mu Rukiko Rukuru rwa Kigali<HC>

Urubanza rutamaze n’iminota icumi ariko rwarimo uburakari bugaragara ku mpande zose, nk’uko byari byitezwe, icyo urukiko rwari rwatumye ubushinjacyaha ni inyandiko y’umwimerere n’imigereka yayo byajyanywe mu biro kwa Minisitiri w’Intebe, iyi barwa ikaba ariyo yari yarabaye agatereranzamba kuko yasaga nk’aho yari yarabuze

Uyu munsi rero niho Ubushinjacyaha bwayizanye, buyishyikiriza urukiko, Icyitonderwa n’umwunganizi we Me MUKAMUSONI bayihawe ngo barebe niba ariyo koko, Icyitonderwa yahise agwa mu kantu yerekana agahinda kenshi bitunguranye nyuma kavuyemo gusa n’aho arakaye

Akimara kubona ibyo yabwiye Urukiko ko ntabahanga akeneye bo gusuzuma izo nyandiko, agira ati niba urwego rwa Leta nk’uru twavuga ko rwizewe rushobora gufata inyandiko zigaragarira buri wese ko ari rwo rwishakiye abagerageza gusinya ni gute nakwizera ko abo bahanga bo mutazagenda mukabatekinika nyuma ibyemezo bikaza bivuga ngo ni jye wisabiye abahanga none bemeje ko inyandiko zisa?

Aha yahise asohora ibarwa yateweho kashe no mu biro kwa Minisitiri w’intebe aravuga ati ibi hatabayeho kwirengagiza murebe niba hari aho iyi kopi mfite ihuriye niriya ubushinjacyaha bundegesha kandi bwemeza ko bwakuye kwa Minisitiri w’intebe, avuga ati nyijyanayo najyanye izisa none iyo bazanye inyuranye niyo mfite kandi iyo mfite niyo ubushinjacyaha bwari bwandegesheje, asaba urukiko ko bwamubariza ubushinjacyaha niba iyo ibarwa igeze kwa Minisitiri w’intebe ihindura umwimerere, we rero icyo yerekanaga cyane ni uburyo ubushinjacyaha bwashatse abantu ngo basinye bashaka kwigana ariko avuga ko yabufatiye ku ibarwa yari asanganywe.

Icyitonderwa yarangije avuga ko urubanza aburana ari Politike, avuga ati abategeka gukora biriya nibabategeka kundekura muzandekura kuko n’ubundi umucamanza anategetswe kuburana yishakira ibimenyetso ati nacyane ko biriya byo byigaragaza bikanashimangira impungenge zange.

Urubanza rwashojwe rukazasomwa kuwa 30 Nyakanga 2015

Sylver Mwizerwa


UBUYOBOZI BWA GEREZA YA NYARUGENGE NGO BWABA BWATEGUYE FILM YEREKANA UBURYO IMFUNGWA ZITETESHEJWE

$
0
0

MURWEGO RWO KUVUGURUZA AMAKURU ATANGWA N’ISHYAKA PS IMBERAKURI YEREKANA IMIBEREHO MIBI KUMFUNGWA ZO MU RWANDA UBU NONEHO UBUYOBOZI BWA GEREZA YA NYARUGENGE NGO BWABA BWATEGUYE FILM YEREKANA UBURYO IMFUNGWA ZITETESHEJWE

Amakuru agera ku buyobozi bw’Ishyaka PS Imberakuri aravuga ko muri Gereza ya Nyarugenge izi ku izina rya 1930 haba hagiye gukinirwa filim yerekana uburyo imfungwa muri rusange zo mu Rwanda zifashwe neza

Iki gikorwa ngo kikaba kimaze iminsi gitegurwa mu ibanga rikomeye mu rwego rwo kugirango abanyururu batazakiburizamo berekana uburyo bafashwe nabi ariko ngo kikaba cyaratangiye gusakara gake kumunsi w’ejo kuwa 17 Nyakanga 2015 ;

Uyu munsi kuwa 18 Nyakanga ngo nibwo haba haje abazungu bagera cyangwa barenga icumi ndetse n’abakinnyi baje gutunganya uwo mukino,mumasaha ya satanu z’uyu munsi niho habaye umukwabu muri gereza ya Nyarugenge wo kwaka abanyururu imyenda ya kiroko ngo bayihe abo bakinnyi,ibyo bikaba byakubitiyeho no kwaka ibisorori byiza abasurwa byihariye bakunda kwita ku kibali ngo byifashishwe muri uwo mukino

Ikidasanzwe nanone muri iyo gereza ngo ni uko bazanye mo ibiparasitike bishya byo kumenamo imyanda ndetse ngo bakanapanga intebe muburyo bwegeranye hamwe imiryango isurira abayo bafunze,aha twakwibutsa ko gereza yari yarashyizemo intera ndende cyane hagati y’usura n’usurwa kuburyo kuvugana bigoranye.

Muri uyu mukino kandi ngo hakaba hateguwe abanyururu bo kubibafashamo hakaba hibanzwe cyane kuri bamwe b’abatoni batumwa ntibatenguhe bakoreshwa ibyo gereza ishaka barangajwe imbere n’ uyoboye umurenge witwa NKUBITO Isaac alias ZARIKAWA hamwe n’ushinzwe imibereho myiza yabaturage witwa TUYISENGE Jean de Dieu aha tuributsa ko muri gereza imbere bahita umurenge .Iki gikorwa kikaba kirangajwe imbere na Directeur MUGISHA James n’umwungirije ariwe Jane BUGINGO abandi bafungwa bose bakaba bahise babinjiza mugipangu kugira ngo hakorwe icyo gikorwa neza.

Abakurikiranira hafi ibintu bakaba babona impamvu y’iki gikorwa ituruka ahanini ku ntabaza imaze iminsi itangwa na PS Imberakuri yerekana uburyo imfungwa zifashwe nabi,tutibagiwe n’itangazo FDU Inkingi iherutse gushyira ahagaragara ryerekana uburyo Umuyobozi waryo Mme Ingabire Umuhoza Victoire afashwe nabi,muri rwa rwego rwo guhuma abazungu amaso babereka Nyarutarama babahishe Marato.

Ishyaka PS Imberakuri riributsa abakora ibyo bose ko ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi ! Kuba ryariyemeje guhaguruka rikamagana amakosa akorwa n’abambari ba FPR niyo mpamvu ituma barara badasinziriye bityo rikaba ribasaba ko aho kurara badasinziriye barwana no guhisha ikinyoma ahubwo bagakwiye gufata agahe ko kwemera no kumva inama z’ababanenga.

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS Imberakuri

Sylver MWIZERWA(sé)

Ubushinjacyaha bw’i Paris ntabwo bugikurikiranye Padiri Munyeshyaka

$
0
0

Nyuma y’imyaka igera kuri 20 hatangiye amaperereza, ubushinjacyaha bw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Kanama 2015 bwatangaje ko butagikurikiranye Padiri Wenceslas Munyeshyaka. Igisigaye kumenyekana ni ukuba abacamanza bihariye bakurikirana ibyaha byibasiye inyokomuntu bazasubiza urubanza rwe mu rukiko rw’intango cyangwa ntibabikore.

Uyu mupadiri uri mu myaka hagati ya 55 na 60 wamenyekanye kuri Kiliziya y’umuryango mutagatifu (Sainte Famille) i Kigali aho yari yariswe “Padiri w’abajeunes”  mu myaka ya mbere gato ya 1994, yahungiye mu Bufaransa mu 1995.

Nabibutsa ko mu 2007 urukiko rw’Arusha rwashakishaka Padiri Munyeshyaka rwahisemo kurekera ikibazo cye ubutabera bw’u Bufaransa. Ubushinjacyaha bw’Arusha bwamuregaga ngo kuba yari mu nama ngo zateguraga ubwicanyi, gutanga abasiviri b’abatutsi ngo bicwe, kuba ngo yarishe ubwe abatutsi 3, kuba yashishikarije gufata ndetse nawe ubwe ngo agafata abagore n’abakobwa ku ngufu. Mu Rwanda ho mu 2006, urukiko rwamukatiye gufungwa ubuzima bwe bwose adahari.

Mu 2012 ikibazo cya Munyeshyaka cyashyikirijwe abacamanza bihariye bakurikirana ibyaha byibasiye inyokomuntu ku buryo habayeho kumva ubuhamya burenga ijana, ndetse habaho guhiza ubuhamya butandukanye.

Ubushinjacyaha bw’i Paris buvuga ko bwafashe iki cyemezo bitewe n’uko bwabonaga ibyo bumurega bidasobanutse. N’ubwo umuntu yakwibaza ku buryo yitwaraga mu 1994. Ngo nta bimenyetso simusiga ku buryo budasubirwaho bwashoboye kubona bigaragaza ko yakoze ubwicanyi ku giti cye cyangwa kuba umufatanyacyaha. Ababuranira indishyi n’ababuranira Munyeshyaka bafite igihe kingana n’ukwezi kugira ngo bagire icyo bavuga kuri kiriya cyemezo.

Kuba Padiri Munyeshyaka yari afite imbunda ndetse yambaye n’ikoti rimurinda amasasu ntabwo byonyine byaherwaho ngo byitwe icyaha dore ko avuga ko ari umwere ko ntako atagize ngo afashe abantu bagera ku 20000 bari bamuhunguyeho ndetse akabafasha kubona ibiribwa, akabarinda, ndetse bamwe akabafasha no guhunga.

Padiri Munyeshyaka kandi yavuze ko yari yarijunditse n’abakoraga ubwicanyi bavuga ko arinze abatutsi ndetse ngo byatumye ahunga Kigali atinya kwicwa.

Umwe mu bahungiye kuri Sainte Famille mu 1994 aturutse mu gace ka Gisozi ahari harafashwe n’ingabo za FPR yabwiye The Rwandan ko byamutangaje ukuntu FPR n’abatutsi bashyize ingufu nyinshi mu gushinja Padiri Munyeshyaka kandi ntako atagize ngo afashe abatutsi bari muri Sainte Famille n’ahandi.

Mu buhamya bwe uyu mugabo w’umuhutu utarashatse ko amazina ye atangazwa kubera umutekano we yabwiye The Rwandan muri aya magambo:

“Isi ntigira inyiturano koko, ubuzima abatutsi bari barahugiye kuri Sainte Famille  babayemo kubera Padiri Munyeshyaka barabwibagiwe aka kanya? Twe abahutu twabaga hanze abagize amahirwe bakabona akanya epfo mu mashuri, twabonaga ibiryo bitugoye mu gihe abatutsi bo yabaga yabahaye ibyo bashaka byose banarinzwe n’abajandarume. Ntabwo naba indashima ngo mvuge ngo ntacyo yatumariye kuko yaratugaburiye ariko abamushinja bamenye ko mu 1994 yafashaga abatutsi mbere yo gufasha abahutu. Ku buryo benshi mu mpunzi bamwitaga icyitso”

Ikigaragara n’uko Padiri Munyeshyaka nareka gukurikiranwa burundu n’ubutabera bw’u Bufaransa bishobora gutuma Leta y’u Rwanda irya karungu ndetse bigateza n’umwuka utari mwiza mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa. Nabibutse ko igihugu cy’u Bufaransa gikunze kogerwaho uburimiro n’abategetsi b’u Rwanda iyo hagize igikoma.

The Rwandan

Email: therwandan@ymail.com

Jean Daniel Mbanda arabaza impamvu Col Bagosora afunze!

$
0
0

Mu nyandiko Bwana Jean Daniel Mbanda  yacishije ku rubuga DHR aribaza impamvu Colonel Théoneste Bagosora afunze. Nabibutsa ko Bwana Jean Daniel Mbanda yahoze ari umudepite mu Rwanda nyuma agafungwa, ubu akaba ari mu buhungiro.

Mu nyandiko ye aragira ati:

Nongeye kubasuhuza mbifuriza imigisha y’Imana.

Nk’uko hambere aha nigeze kubagezaho ikifuzo cyanjye cyo guharanira kumenya “UKULI” ku uwaba yaragize uruhare mu gutegure amahano yagwiriye u RWANDA muli 1994, n’ubu nongeye kubasaba inkunga mu kumfasha gusobanukirwa ibyo ntumva neza.
 
Maze hafi ibyumweru bibiri nsoma nitonze urubanza rwa BAGOSORA. mfite ibyo numvise neza aliko hali n’ibyo ntumva neza.
1)  Mu byo numvise neza icya mbere ni uko BAGOSORA yahanaguwe ho icyaha cyo “GUTEGURA” amahano yagwiriye uRWANDA muli 1994. Kuli njye iki ni icyemezo gikomeye cyane. Ikibazo : none se afungiye iki?
 
2)  Mu byo ntumvise neza ni uko ngo yaba afungiye kuba
      1°) Atarashoboye kubuza iyicwa rya ba 
            NZAMURAMBAHO n’abandi…
      2°) Kuba atarakurikiranye kandi ngo ahane
            abishe ba NZAMURAMBAHO n’abandi
     Utubazo dutatu:
      a) Ko niba nibuka neza ba  Nzamurambaho
            abo bali balinzwe n’abajandarume 
            ndetse na Minuar kuki BAGOSORA 
            akurikiranwaho ibya ba Nzamurambaho
             NDINDIRIYIMANA na DALAIRE bahali
             Bigaramiye?
Nimumfashe rwose nsobanukirwe neza kuko ndabona halimo urujijo rwakwitwa ndetse 
AKARENGANE.
 
Byanshimisha Raymond Nzamurambaho ansobanuriye niba yarigeza abona Bagosora iwabo muli icyo gihe cy’urupfu rwa se.
 
Ndasaba kandi abanyamategeko balimo Innocent Twagiramungu, Olivier Nduhungirehe ndetse na Charles Kambanda kumfasha kumva uruhare rwa Bagosora mu iyicwa rya baliya banyepokitiki igihe uwali Ministre wa Defense BIZIMANA Augustin  ahari yigaramiye, uwali Chef d’Etat Major wa gendarmerie  NDINDIRIYIMANA ahali yigaramiye, uwali Chef d’ Etat Major wa armée GATSINZI  ahali yigaramiye ndetse na Commandant wa Minuar DALAIRE nawe ahali yigaramiye.
Ndabasabye ngo muli ibi bibazo mwihangane ntimushyiremo ya maranga mutima aganisha ku ho buli wese abogamiye muli politiki ahubwo muganishe kubyo amategeko ateganya gusa. NZIKO BITOROSHYE.
 
Ntimwibagirwe kandi ko ibi mbibaza kuko nkeneye kumenya ukuli kwadufasha kurenganura urengana uwo yaba ali we wese kabone niyo yaba ali BAGOSORA.

LETA YA FPR INKOTANYI IGEZE AHO YEMERA KO HARI ABAFUNZWE KANDI BARANGIJE IBIHANO !

$
0
0

Nyuma y’igihe kirekire Ishyaka PS Imberakuri ridahwema kuvuga ko hari abanyarwanda afunzwe bararangije ibihano bari barahawe n’inkiko;

Nyuma y’aho FPR-Inkotanyi yakomeje kurwana inkundura ivuga ko ibyo bintu bivugwa ari binyoma byambaye ubusa ;

Rigarutse kandi ku bimenyetso simusiga ryagiye ritanga byerekana, amazina, imyirondoro ‘igihe bamaze bafunze;

Ryibukije kandi ko abo bantu bamaze igihe kinini bafungiwe akamama, none na FPR ikaba maze kwiyemerera koko ko bafungiwe ubusa;

Rigarutse ku mpaka zabaye hagati ya Ministri w’Umutekano n’uwo Ubutabera; rishingiye yane cyane ku bisobanuro Ministri w’Ubutabera kuri komisiyo ya Sena ishinzwe uburenganzira bwamuntu;

Ishyaka PS Imberakuri ritangarije Abanyarwanda, Inshuti z’u Rwanda n’Imberakuri ibi ikurikira :

Ingingo ya mbere :

Ishyaka PS Imberakuri rifite agahehere ku mutima kuko nyuma  y’igihe kinini ridahwema kweraka leta ya Kigali ko mu magereza yo mu Rwanda hari imbaga y’abanyarwanda bafungiyemo kandi bararangije ibihano, ndetse n’abandi bakaba babaho mu bulyo bubi, ugeza aho barushwa agaciro n’inyamanswa, nyamara inzego zibishinzwe zikaba zali zarakomeje kwica amatwi, none ho abayobozi bakuru bagiye bakwemera Ukuri.

 Ingingo ya Kabiri :

Nk’uko byagaragajwe n’inzego za Leta ya Kigali, infungwa zirenga ibihumbi bitatu (3.000) zikomeje kuborera muri gereza kandi zararangije ibihano. Gusa tutagiye mu ntambara y’imibare, abakurikira neza ikibazo cy’amagereza bazi ko uyu mubare ari muto cyane ugereranyije n’abantu koko barangije ibihano kandi bakaba bagifunze, ndetse n’abafunze batagira amadosiye namba;

Ingingo ya gatatu

Kuba Leta ya Kigali yemeye ko hari benshi barangije ibihano ntibemererwe gutaha ni byiza. Gusa, Leta ikwiye gutera indi ntambwe ikabarekura vuba kandi ikabagenera n’indishyi. Ni ngombwa kandi ko n’abafunzwe bafatwa mbere na mbere nk’abantu aho kuba imbohe zihozwa ku kandoyi muri za kasho. Bakeneye uburenganzira bw’ibanze bujyanye no kubona ikibatunga aho guhabwa intica ntikize y’ibishyimbo n’ibigori byaboze. Bakeneye kandi wivuza no gusurwa n’imiryango yabo, bityo n’abashora kubagezaho agafunguro bakakabagezaho, aho kubahatira guhahira muri kantine zashyizweho mu ma gereza zigamije gusiga iheruheru imiryango y’imfungwa kubera ibiciro bihanitse byashyiliweho kongera indonke za ba nyili
kantine.

Ingingo ya kane

Tutibagiwe n’uko imanza nyinshi zagiye zirangwa cyane cyane no kumvisha no kunyaga imitungo y’abandi, ishyaka PS Imberakuri rirongera gusaba Leta ya Kigali kuzilikana ko Ubucamanza bwigenga kandi bukorera mu Ukuri ari imwe mu nkingi y’inyabutatu yagombye kuranga ubutegetsi bwose. Bityo rero, hakaba hakwiye gufatwa vuba ingamba zihamye zo gukosora ayo makosa yose yagiye aboneka ku bulyo abanyarwanda bakongera kubugilira ikizere.

Imberakuri ntituzatezuka guharanira Ubucamanza abanyarwanda bose bibonamo.

Bikorewe i Kigali kuwa 16 Werurwe 2015

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS IMBERAKURI

MWIZERWA Sylver (sé)

IMBERAKURI ZIRABONA KO KUGIRANGO URUBANZA RWA YOHANI BATISITA ICYITONDERWA RUSOMWE ARI UKUBANZA KUBAZA IBUKURU

$
0
0

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N° 009/P.S.IMB/015

Rishingiye kuri gahunda yari yatanzwe n’umucamanza kw’isomwa ry’urubanza rwa bwana ICYITONDERWA ryagombaga kuba uyu munsi kuwa 31 Werurwe 2015 ; Rigarutse kucyemezo cyafashwe na Gereza afungiyemo cyo kutamuzana ku rukiko aho yagombaga gukurikirana isomwa ry’urubanza rwe ; Ryibukije imiburanire ishingiye kubimenyetso bifatika nk’uko byagaragajwe na bwana ICYITONDERWA YOHANI BATISITA ari kumwe n’umwunganira ; Ishyaka PS Imberakuri ritangarije Abanyarwanda, Inshuti z’u Rwanda n’Imberakuri by’umwihariko ibibikurikira:

Ingingo ya mbere: Uyu munsi kuwa 31 Werurwe, n’ubwo imvura yashatse kuba kidobya mu masaha y’isomwa ry’urubanza m’ubujurire bwa bwana ICYITONDERWA, ariko ntibyabujije Imberakuri kujya kumva icyemezo umucamanza afata kuri ubwo bujurire yaburanishije.

Ingingo ya Kabiri: Ibyabaye mw’isomwa ry’uru rubanza ntibyatunguye abitabiriye urubanza. Bisa neza neza n’ibyabaye ku isomwa ry’urubanza mu bujurire bwaburanwaga na bwana MWIZERWA Sylver ndetse na MUKESHIMANA Donatien muri 2010. Uyu munsi naho, isaha umucamanza yari yatanze yageze, asoma imanza zindi, ariko, ntiyagira icyo avuga k’urubanza rwa ICYITONDERWA. Bimaze kuba akamenyero rero kumanza za politiki. Ingingo ya gatatu: Ishyaka PS Imberakuri rirasanga kudasoma ururubanza, wabihuza n’uko nyiri ubwite, bwana ICYITONDERWA atagejejwe mu rukiko, ndetse ntamenyeshwe isubikwa ry’isomwa ry’urubanza rwe ; amakuru yatugezeho n’uko yariyiteguye, ageze aho babakura babajyana mu rukiko, bamushubije muri gereza ntakindi gisobanuro ahawe; bigaragaza neza ko hari izindi nzego zitanga umurongo abashinzwe imanza za politiki bagenderaho.

Bikorewe i Kigali kuwa 31 Werurwe 2015

Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi wa PS IMBERAKURI

MWIZERWA Sylver

(sé)

Alexis Bakunzibake yakatiwe imyaka 25 adahari!

$
0
0

Amakuru agera kuri The Rwandan aravuga ko Bwana Alexis Bakunzibake wo mu ishyaka PS Imberakuri, wavuye mu Rwanda agasanga abarwanyi ba FDLR muri Congo, yakatiwe adahari mu rubanza ubushinjacyaha bwamuregagamo gukorana na FDLR kimwe no guhungabanya umudendezo w’igihugu, urukiko rukuru rwa Kigali ejo ku wa gatanu tariki ya 19 Kanama 2015, saa tanu rwamutiye imyaka 25 n’ihazabu ya miriyoni 7.

 

MURI 1930 ABAGORORWA BARACYAFATA KIZITO MIHIGO NK’UMWARIMU WABO

$
0
0

Nyuma yo guhimba indirimbo ye “Igisobanuro cy’urupfu” agafungwa ndetse agakatirwa imyaka icumi mu gihome ashinjwa ngo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame, umuhanzi Kizito Mihigo ageze muri gereza ngo yakomeje kuririmbira Imana no kwigisha Imbabazi n’ubwiyunge.

Amakuru atugeraho aturutse i Kigali, aravuga ko uyu muhanzi asigaye acurangira abandi bagororwa mu missa zo ku cyumweru, akabigisha indirimbo zihimbaza Imana dore ko we ubwe yahimbye izirenga 300.

Usibye indirimbo zihimbaza Imana kandi, mu biganiro bagira hagati yabo, Kizito Mihigo ngo yigisha abagororwa ibijyanye no kubabarira ndetse n’ubwiyunge. Twabibutsa ko mbere yo gufungwa uyu muhanzi afatanije n’ishyirahamwe yashinzwe ryitwa Fondation Kizito Mihigo pour la Paix (KMP), yari asanzwe afite umushinga wo kuzenguruka gereza zose z’u Rwanda, yigisha ibijyanye no kubabarira, kwiyunga no gukumira amakimbirane.

Mu marushanwa y’indirimbo aba hagati y’abagororwa Kizito Mihigo ngo aba ari mu batanga amanota ndetse akagira inama abarushanwa. Kizito Mihigo kandi ngo agaragara mu bikorwa byo gufasha abababaye.

Irebere ibikorwa Kizito Mihigo yakoraga muri za gereza z’u Rwanda mbere yo gufungwa: http://youtu.be/m_PCX3BRDAc

Irebere indirimbo “Igisobanuro cy’urupfu yatumye Leta ya Kigali ifunga umuhanzi Kizito Mihigo: http://youtu.be/WcGC3eFuDAc


Dr. Niyitegeka Théoneste akomeje gucunaguzwa

$
0
0

Dr. Niyitegeka Théoneste wigeze gushaka kwiyamamariza kuba perezida wa Repuburika mu matora ya 2003 nyuma akaza gufungwa n’inkotanyi zikoresheje inkiko gacaca aho yakatiwe gufungwa imyaka 15 ,ubu amakuru dufite nuko ishyirahamwe rirengera inyungu z’abacitse ku icumu rya genocide CNLG ryamwimye dosiye ye ngo asubirishemo urubanza rwe ku ngingo shya nkuko amategeko abiteganya. Dr. Niyitegeka akaba amaze kwandikira CNLG ishuro zigera kuri eshatu ntagisubizo ariko ngo inshuro iheruka yabwiwe ko uru rwego rwa CNLG yarwibeshyeho!

Nyuma yuko Dr. Niyitegeka abonye ko CNLG yavuniye ibiti mu matwi mu kumuha dosiye ye,ubu amakuru atugeraho nuko uyu muganga Niyitegeka yahisemo kuregera urukiko rwisumbuye rwa Gasabo arusaba ko rwategeka CNLG kumuha dosiye ye kuko ngo ari uburenganzira bwe. Iki kirego Dr. Niyitegka akaba ngo yaragitanze tariki ya 26/08/2015.

Dr. Nyitegeka akaba yarakatiwe gufungwa imyaka 15 mu mwaka wa 2008 n’inteko idasanzwe nyuma yaho yari amaze kugirwa umwere n’inteko ebyiri zamuburanishaga nyuma yo kubura uko zimuhamya icyaha nta muntu numwe umushinja ibyaha yaregwaga. Gusa inteko y’ubujurire idasanzwe yo ikaba yaramuhamije ibyo yaregwaga ititaye ko nta kimenyetso na kimwe ndetse nta n’umushinja numwe wigeze amushinja ibyo yaregwaga. Imiryango itandukanye ndetse n’urwego rw’inkiko gacaca rw’icyo gihe yitabaje bose bararuciye bararumira ndetse bamwe muribo ngo bakamwerurira ko ikibazo cye kirimo ingufu zibarenze ubushobozi.

Mbere yuko Dr. Nyitegeka ashyirwaho dossier ya gacaca akaba yari yarabanje kwibasirwa ku mpamvu yuko atigeze arya indimi mu gutanga ibitekerezo bye mu bwisanzure nyamara yaragiye yihanangirizwa guceceka ariko ntiyabikora. Yigeze no gutwikirwa imodika ye n’abantu biswe ko batamenyekanye nyamra byasaga no kumutera ubwoba ngo aceceke cg ahunge nyamara yanga guhunga yanga no kuryamira ukuri n’ijambo.

CNLG kandi ikomeje gutungwa agatoki n’abantu batandukanye mu kwitambika imbere y’ibyemezo by’inkiko kuburyo n’abarangije ibihano bakatiwe yitambika bagakomeza bagafungwa. Mu magereza atandukanye yo mu Rwanda haravugwamo umubare ukababakaba ibihumbi bitanu(5000)w’abantu barangije ibihano bari barakatiwe n’inkiko gacaca ariko CNLG yabaye ibamba aba bantu nubu baheze mu buroko nyuma yo kurangiza ibihano.

Iki kibazo cyageze no munzego zo hejuru kuburyo na minisitiri w’ubutabera ndetse n’uw’umutekano bigeze kwihererana rubanda barubeshya ko abo bantu bagomba gufungurwa nta yandi mananiza .CNLG ivuga ko amadosiye y’aba bantu usanga barafunzwe hari nk’umuntu umwe wo munteko zaburanishije izi manza uba utarasinye ku irangizarubanza kuburyo ibi bituma bagomba kubanza gusuzuma iki kibazo! Gusa Minisitiri w’ubutaberan n’uw’umutekano bo bemezaga ko niba impapuro zafunze aba bantu barangije igihano zarahawe agaciro mu kubafunga zigomba no guhabwa agaciro mu kubafungura,nyamara aya magambo yaba bategetsi yabaye nko kwiganirira kuko nubu abantu barangije ibihano bakibere mu magereza kuko CNLG itaratanga uburenganzira. Ibi bikaba ari ibimenyetso ko CNLG ifite imbaraga zirenze iz’inzego z’ubutabera.

Tugarutse ku kibazo cya Dr. Niyitegeka wimwe dosiye ye na CNLG nyuma akaba yarahisemo kuregera urukiko arusaba ko rwategeka CNLG ikamuha dosiye ye umuntu yakwibaza niba uru rukiko yaregeye rwo niba rufite imbaraga n’ubushobozi bwo gutegeka CNLG kumuha dosiye ye mu gihe uru rwego rumeze nk’ikigirwamana mu gihugu!

12180575_928441827238084_732081037_o

Boniface Twagirimana

 

Col Byabagamba araregwa kuvuga ko Kagame afata ibyemezo ahubutse!?

$
0
0

Mu Rwanda hatangiye ku mugaragaro urubanza rwa Colonel Tom Byabagamba n’abagenzi be General Frank Rusagara na Sergent Francois Kabayiza bombi basezerewe mu ngabo z’u Rwanda.

Urubanza rwo kuri uyu wambere rwahariwe Colonel Byabagamba wireguye ibirego by’Ubushinjacyaha.

Urwo rubanza rutangijwe nyuma y’amezi 16 abo bagabo bafashwe.

Mushobora kumva uko urubanza rwagenze nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru w’ijwi ry’Amerika Assumpta Kaboyi

Dore n’uko ikinyamakuru izuba rirashe kivuga ukuntu urubanza rwagenze

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwazaniye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kuri uyu wa Mbere ibimenyetso birimo ibishinja Col Tom Byabagamba kuba yarise abayobozi b’u Rwanda abicanyi.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo Col Col Tom Byabagamba, Rtd. Brig. Gen. Frank Rusagara na Rtd Sgt Kabayiza Francois ku byaha bashinjwa .

Haherewe ku bimenyetso, ariko umunsi wose warangiye higwa ku gishinjwa Col Byabagamba, wayoboraga abasirikare abarinda Perezida Kagame, icyaha cyitwa ‘icyo gukwiza nkana ibihuha agomesha rubanda abangisha ubutegetsi. ’

Abasirikare bagenzi be babanye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, nibo ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko aribo biyumviye Col Byabagamba abwira amagambo abantu batandukanye, ahantu hatandukanye.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bukimushinja bushingiye ku mutangabuhamya Col David Bukenya wari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, Col Byabagamba yagaragarije ko abayobozi bariho mu Rwanda ari abicanyi. Agera n’aho avugira mu ruhame abwira abasirikare ati ‘muzunamura icumu ryari?”

Aya magambo, uyu musirikare akavuga ko yavuzwe Col Byabagamba yikuye mu bandi basirikare. Ibi akaba yarabivuze nyuma y’urupfu rwa Maj Gen John Sengati wari Umudemobe, wapfuye arashwe ku butaka bw’u Rwanda.

Mu mvugo za Col Byabagamba, Ubushinjacyaha buvuga ko abatangabuhamya bagaragaje ko yari agamije kubangisha ubutegetsi buriho, kandi ko ibyo yababwiraga byari gutuma abasirikare banga abayobozi.

Abashinjwa bose bitabye urukiko n’ababunganira mu mategeko (Ifoto/Mathias H.)
Abashinjwa bose bitabye urukiko n’ababunganira mu mategeko (Ifoto/Mathias H.)

Col Byabagamba yanashinjwe ko yavuganaga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ariko nta bimenyetso biratangwa.

Mu nyandiko mvugo ye, Lt Col Bukenya yabwiye Ubushinjacyaha ko Col Tom Byabagamba yanamubuzaga gukoresha inama z’abasirikare, ntanitabire gahunda zitandukanye zirimo izo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20.

Col Bukenya yavuze ko byageze naho ngo yiyemeje guhangana na Col Byabagamba, abonye ko ari kubiba amagambo mabi mu basirikare.

Uretse Col Bukenya, Col Tom ngo yanabwiye Col Ibambasi ati “Leta y’u Rwanda ibyayo ni ukwica abantu gusa.” Ibi ngo yabivuze nyuma y’urupfu rw’umuhungu w’umusirikare witwa Rtd Lt Kagarama, ariko uyu Ubushinjacyaha bukagaragaza ko butamuzi.

Uyu mwana w’umuhungu ngo Col Byabagamba yavuze ko yiciwe mu Rwanda akuwe mu modoka, ariko iby’iyi nkuru Umucamanza ntacyo yabisobanuriweho, kuko na Col Byabagamba yibazaga uwo mwana icyo leta yari kuba imuziza, ko n’uwo se Ubushinjacyaha butanerekana ko abaho.

Abashinjacyaha ba gisirikare (Ifoto/Mathias H.)
Abashinjacyaha ba gisirikare (Ifoto/Mathias H.)

Uretse ibyo, Col Ibambasi yanavuze ko Col Byabagamba yanagaragarije mu ruhame kunenga Umukuru w’Igihugu. Aha ngo yavuze ko “Umukuru w’Igihugu ahubuka mu gufata ibyemezo, kandi ko ngo n’abajenerali bamwe ntawe ufata icyemezo kirebana n’igisirikare.

Ikindi ngo yumvise telefone ya Lt Col Karakire ivuze, yumva ari Perezida Kagame uvuga iyo agiye kwitaba, Colonel Tom aramubaza ngo ariko uwo mugabo umushakaho iki, umubitsemo iki?

Nubwo Ubushinjacyaha bwatanze ubu buhamya, Col Tom n’abamwunganira bakomeje guhata urukiko kubwira Urukiko ko Ubushinjacyaha bwagaragaza ibimenyetso bifatika, bigaragaza igihe ibyo byaha yabikoreye.

Uru ruhande rwanavuze ko ibyo ashinjwa atari byo, kuko ni uko bavuga ko batumvikanaga na Col Mukenya, ko batari gutegereza umwaka wose ngo babone kubivuga nk’uko Ubushinjacyha bubigaragaza.

Col Tom yabwiye Urukiko ko ibyo bamushinja ari ibinyoma, ndetse ko mu nshingano yari afite mu butumwa bw’akazi, ntaho yahuriraga bya buri munsi na Col Bukenya, byongeye ngo Col Ibambasi we yagiye muri Sudani y’Epfo, Tom ari kuharangiza inshingano ze.

Me Valery umwunganira yanavuze ko nta kuntu umukiriya we yari kuba afite imyitwarire mibi mu butumwa yari arimo, akarangiza manda ye, akongezwa indi.

Uregwa yavuze byinshi yiregura, bizagenda binagaruka mu rubanza rwe mu mizi, hamwe n’abo bashinjwa hamwe. Ariko bagiye bagaragaza ko ibyo abatangabuhamya bavuga ari ibinyoma, kandi umuntu umwe wabwirwaga atari rubanda. Kandi aho bavuga ko byaberaga muri Sudani y’Epfo ntacyo byari guteza imvururu muri rubanda mu Rwanda.

Col. Tom Byabagamba ashinjwa icyaha cyo gukwiza nkana ibihuha agomesha rubanda abangisha ubutegetsi buriho, icyo gusebya Leta, gusuzugura ibendera ry’igihugu no guhisha nkana ibimenyetso byashoboraga gufasha kugenza icyaha gikomeye.

Urubanza rwasubitswe ku mugoroba, ruzasubukurwa kuwa 11 Ukuboza 2015.

Abarerwa imbere y’abacamanza (Ifoto/Mathias H.)
Abarerwa imbere y’abacamanza (Ifoto/Mathias H.)

Mu byo Brig Gen Rusagara ashinjwa harimo gukangurira Col Rutaremara kumva Radio itahuka!

$
0
0

*U Rwanda “A police state…”, “A banana republic…”, “Our guy (Kagame) is finished…” ibyo ni amagambo umushinjacyaha yakoresheje ashinja Rusagara,

* “U Rwanda rwagiye kurwana intambara zo muri Congo ku nyungu z’abantu ku giti cyabo…”,

* “Museveni is a smart guy, he handles DRC issues smartly, our guy is finished”

* “Ibihano u Rwanda rwafatiwe, rugahagarikirwa inkunga kubera ikibazo cya M23 ni rwo rwabyiteye,…Murashize (abari muri Leta).”

*Ibyo ubushinjacyaha buvuga biri mu nyandikomvugo za Col Jules Rutaremara, Capt. George Kayitare, Col Kamile Karege, Brig Gen Geofrey Byegeka, Col John Bosco Mulisa na Capt. David Kabuye bose basezerewe mu ngabo za RDF.

*Ubushinjacyaha bwanasomye e-mails (bwite) za Rusagara yohererezaga bagenzi be zirimo inkuru zisebya Kagame cyangwa u Rwanda.

* Abunganira BrigGen Rusagara bati “Ibyo byavuzwe byafatwa nk’ibimenyetso urukiko rwagenderaho?”

* “Hari inyandikomvugo zitubahirije amategeko,”

*Rusagara yanze kugira icyo avuga ku nyandiko za e-mails bivugwa ko yanditse, anenga ko zafashwe bitubahirije itegeko, kandi ashinja ubushinjacyaha kwinjira mu buzima bwite.

Mu rubanza rw’abasirikare bakuru, Ubushinjacyaha buregamo Col Tom Byabagamba wayoboye ingabo zirinda Perezida Kagame, BrigGen (Retired) Frank Rusagara na Sgt. Francois Kabayiza, kuri uyu wa gatanu bari imbere y’urukiko rukuru rwa Gisirikare, Ubushinjacyaha busobanura ibimenyetso ku cyaha bukurikiranyeho Rusagara cyo kwangisha rubanda ubutegetsi.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ibimenyetso nk’inyandikomvugo bwakoreye ku basirikare bakuru ngo baganiraga na BrigGen Frank Rusagara igihe yari mu kazi atarasezererwa mu ngabo za RDF.

Inyandukomvugo zakoresheje harimo iya Col Jules Rutaremara (ubu ni Brigadier General) wabaye Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda ndetse akanayobora Ishuri rikuru rya Gisirikare, Capt. George Kayitare, Col Kamile Karege, Brig Gen Geofrey Byegeka, Col John Bosco Mulisa na Capt. David Kabuye bose basezerewe mu ngabo za RDF.

Aba bose mu buhamya bwabo bahaye ubushinjacyaha, bashinja Brig Gen Frank Rusagara kuba yaravugaga amagambo anenga Leta y’u Rwanda anayisebya.

Umushinjacyaha Capt Faustin Nzakamwita yasubiyemo amwe mu magambo yo mu nyandikomvugo z’abantu bavuzwe haruguru, ashingiraho ahamya Frank Rusagara icyaha cyo “Kwamamaza nkana ibihuha bigamije kwangisha rubanda ubutegetsi buriho”.

Mu nshamake yavuze ko bose bahuriza ku kuba, Rusagara yaravugaga ko “U Rwanda ari “a police State” (Igihugu kiyoborwa n’igitugu), ngo navugaga ko ari “A banana republic” (Leta idafite ubutegetsi buhamye). Rusagara ngo yavuze ko mu Rwanda nta bwisanzure bwo kuvuga icyo ushatse buhari.

Umushinjacyaha yavuze ko Brig Gen Rusagara yabwiraga abasirikare bakuru bagenzi be ko ishyaka rya RNC rifite imbaraga, “Opposition is growing strong”, kandi ngo yavugaga ko Perezida Paul Kagame ari umunyabinyoma ubeshya Abanyarwanda n’Abanyamahanga.

Rusagara ngo yashinjaga Kagame kwishimira urupfu rwa Col Patrick Karegeya, ndetse ngo Kagame yashyizeho Agaciro Fund abonye amahanga ahagaritse inkunga yahaga u Rwanda. Uretse kuba Rusagara ngo yarashimagizaga ibikorwa bya RNC n’abayirimo, ngo yanashatse gukangurira Col Rutaremara kujya yumva radio Itahuka yo kuri Internet (ya RNC).

Uko Umushinjacyaha asobanura ibikubiye muri izo nyandikomvugo

Capt Nzakamwita yavuze ko ibyo Brg Gen Rusagara yakoraga yabikoreye ahantu hatandukanye, mu kazi muri Etat Major na Nyarutara, kandi ngo yabibwiraga abantu benshi mu bukwe n’abasirikare bakoranaga agamije gusebya Leta y’u Rwanda agamije kuyangisha rubanda.

Yavuze ko Rusagara yagaragazaga kwifatanya n’umwanzi uzwi w’u Rwanda (umutwe wa RNC), kandi yari umusirikare mukuru mu ngabo z’u Rwanda.

Kwinjira muri e-mails bwite za Rusagara byateje impaka

Ubushinjacyaha bwasobanuye inyandiko (e-mails) Frank Rusagara yohererezaga (inshuti) ze, harimo na muramu we Col Tom Byabagamba, izo e-mail zabaga zirimo inkuru zanditswe zisebya Leta kandi zanditse n’abo muri RNC cyangwa cyangwa ibindi binyamakuru.

Mu nyandiko ngo yohereje kuri e-mail harimo iya Rudasingwa Theogene ivuga “Amadayimoni 7 atuma Paul Kagame aguma ku butegetsi.”

Izi e-mails, Frank Rusagara yasabwe kugira icyo avuga yiregura, avuga ko ntacyo yazivugaho mu rukiko kuko Ubushinjacyaha bwamuhaye inyandiko zikubiyemo Atari kumwe n’umwunganira Me Buhuru Pierre Celestin, ikindi ngo ubushinjacyaha bwihaye kwinjira mu buzima bwite bwe.

Me Buhuru Pierre Celestin yagaragaje inzitizi imbere y’Urukiko, avuga ko Ubushinjacyaha n’ubwo bwavuze ibyo bwabwiwe mu nyandikomvugo, butabihagazeho bityo bikaba Atari ibimenyetso, asaba urukiko kubifataho umwanzuro, kandi ikirego kigateshwa agaciro.

Indi nzitizi yanateje impaka mu rukiko, ni iy’uko Ubushinjacyaha butumvise uruhande rw’uregwa (Confrontation Contradictoire), kugira ngo bwumve icyo abivugaho, ariko Perezida w’Urukiko yavuze ko iyo ari inzira imwe, Urugwa ashobora kwiregura urubanza rugakomeza.

Izindi mpaka zikaze zabaye ku nyandiko (idatomora neza icyo ivuga), iyo baruwa handitseho ko yanditswe tariki ya 4/9/2014 ikaba iha ububasha Ubushinjacyaha bwo kugenzura no gusoma e-mails za Frank Rusagara.

Abunganira uregwa bavuga ko ibaruwa isobanura neza ko e-mails zari kugenzurwa ari izo ku itariki ya 2/9/2014 kandi icyo gihe Rusagara yari afunze. Ubushinjacyaha bwo buhamya ko hari inyandiko (copi) igaragaza ko iyo baruwa y’Ubushinjacyaha bukuru, yanditswe tariki 2/9/2014 kandi ikaba yaratangaga ububasha bwo kugenzura e-mails zose za Frank Rusagara.

Me Buhuru na Frank Rusagara basaba ko ibirego bishya biri mu byo Ubushinjacyaha bwatanzeho ibimenyetso nk’izo e-mails byazirengagizwa, hakazaburanwa ku byaha byari byashyikirijwe Urukiko mbere.

Me Buhuru kandi yashinje ubushinjacyaha kwica amategeko no kuvogera ubuzima bwite bw’umukiliya we, Frank Rusagara, ngo kuko iperereza ryo gusoma e-mails ze, ryabaye mu gihe ikirego cyari cyashyikirijwe urukiko, kandi ngo ntabwo byamenyeshejwe urwo rukiko.

Major Bernard Hategeka, uyoboye inteko iburanisha uru rubanza, yavuze ko Urukiko ruzasuzuma iby’izo e-mail rukabifataho umwanzuro. Urukiko rwanzura ko iburanisha risubikwa, Urubanza rukazasubukurwa ku wa mbere tariki 14 Ukuboza 2015, saa tatu za mu gitondo.

HATANGIMANA Ange Eric
 source: UMUSEKE.RW

Arusha: Pauline Nyiramasuhuko yakatiwe imyaka 47

$
0
0

Urukiko rwanze ubujurire bw’abantu batandatu baregwa kugira uruhare muri jenoside barimo na Pauline Nyiramasuhuko.

Uru ni urubanza rwa nyuma rusomwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha mu mateka yarwo, mbere y’uko rufunga ku mugaragaro uyu munsi. Urubanza rwasomwe ni urwitiriwe Butare ruhurijwemo abantu batandatu.

Urukiko rwategetse ko abantu babiri, Sylvain Nsabimana, wari Perefe wa Burare na Joseph Kanyabashi wari Burugumesitiri wa Komini ya Ngoma i Butare bahita barekurwa, atari ukubera ko bahanaguweho ibyaha, ahubwo kubera ko bagabanyirijwe ibihano bigahwana n’imayaka bari bamaze batawe muri yombi.

Sylvain Nsabimana wari wakatiwe mu rw’iremezo imyaka 25 yahawe gufungwa imyaka 18 ihura n’iyo yari amaze afashwe; yatawe miri yombi mu mwaka wa 1997, naho Kanyabashi wari wakatiwe imyaka 35 mu rw’iremezo akagabanyirizwa agasigarana 20, ihwanye n’igihe yari amaze afunze.

We yafashwe mu mwaka wa 1995.

Kanyabashi yagabanyirijwe iyo myaka amaze guhanagurwaho ibyaha bine kuri bitanu yari yahamijwe n’urukiko rw’iremezo, asigarana icyaha kimwe cyo gushishsikariza abantu gukora jenoside.

Naho Nsabimana yakuriweho icyaha kimwe cyo gutoteza, icyaha abaregwa muri urwo rubanza bose bahanaguweho mu rw’ubujurire.

Urukiko rw’ubujurire kandi rwemeye ubujurire bw’abaregwaga bose ku kibazo kirebana no kuba baratinze kuburanishwa bamaze gutabwa muri yombi. Icyo kibazo n’icyaha cy’itoteza bahagaguweho ni byo byatumye abregwa muri urwo rubanza bose bagabanyirizwa ibihano.

Bisobanuye ko Alphonse Nteziryayo wahoze ari Perefe wa Butare wari wakatiwe imyaka 30 mu rukiko rw’iremezo yagabanyirijwe igihano, asigarana imyaka 25 naho Nyiramasuhuko, umugore umwe rukumbi warezwe muri uru rukiko, umuhungu we Arsène Shalom Ntahobari na Elie Ndayambaje wari Burugmesitri wa Muganza i Butare, bari bakatiwe gufungwa burundu, bagabanyirijwe basigarana gufungwa imyaka 47.

Urukiko ruri mu mujyi wa Arusha muri Tanzaniya, rwashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye kugira ngo rucire imanza abantu bakomeye bakekwaho ibyaha bya jenoside mu Rwanda mu 1994.

Mu gihe kirenga imyaka 20 rumaze, rwahamije icyaha abaregwa 61.

N’ubwo hari abarushima ariko abarunenga barimo na perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, bavuga ko rwashoboraga kuba rwarakoze ibirenzeho.

Inkuru ya BBC Gahuza Miryango

Ubutabera bw’u Bwongereza busanga ubutegetsi bw’u Rwanda ari igitugu kitubahiriza ubureganzira bw’ikiremwamuntu!

$
0
0

Leta y’u Rwanda yatangaje ko izajuririra icyemezo cy’urukiko rwo mu Bwongereza cyo kwanga kohereza kuburanira mu Rwanda abagabo 5 baregwa na Leta y’u Rwanda kugira uruhare muri Genocide yo mu 1994.

Abaregwa ari bo Vincent Bajinya (uzwi no ku izina rya Brown), Célestin Ugirashebuja, Emmanuel Nteziryayo, Charles Munyaneza na Céleste Mutabaruka bahakana ibyo baregwa byose uko byakabaye.

Abo bagabo baregwa na Leta y’u Rwanda gukora Genocide, ubufatanyacyaha muri Genocide, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ubufatanyacyaha mu gutegura ubwicanyi, ndetse n’ibindi byaha bijyanye no kwangiza imitungo y’abantu no gusahura.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda mu ijwi rya Richard Muhumuza, buvuga ko bwababajwe n’icyemezo cy’urukiko cyo kwanga kohereza bariya banyarwanda kuburanira mu Rwanda. Ngo Leta y’u Rwanda izakomeza kurwana inkundura kugirango abo bagabo boherezwe mu Rwanda. Richard Muhumuza avuga ko bazisunga inkiko zo mu Bwongereza ziri hejuru ya ruriya rwanze ko abaregwa boherezwa mu Rwanda.

Ngo urukiko rw’ubujurire buzagomba gutandukanya ibimenyetso na politiki, gutandukanya ivuzivuzi ry’abantu n’ibyabaye nyabyo, no kwiga neza ku bimenyetso bihari.

Umucamanza w’urukiko rwa Westminster i Londres, Emma Arbuthnot, yateye utwatsi kuri uyu wa kabiri yariki ya 22 Ukuboza 2015, ubusabe bwo kohereza abaregwa mu Rwanda, yanze iyoherezwa mu Rwanda yishinjikirije ko nta burenganzira bw’ikiremwamuntu bwubahirizwa mu Rwanda.

Yagize ati:«ntabwo nshidikanya habe na gato ku uko ibintu bimeze mu Rwanda, mu Rwanda hari ubutegetsi bw’igitugu buhohotera abaturage nk’uko byari bimeze hagati ya 2008 na 2009 ahubwo igitugu cyariyongereye ubu, Leta yo mu Rwanda yibasira abatavuga rumwe nayo mu buryo bwinshi bushoboka.»

Nabibutsa ko muri Mata 2009, urukiko rukuru rw’i Londres rwari rwanze ko bane muri aba bagabo bohezwa mu Rwanda ruvuga ko rusanga ubutabera bw’u Rwanda butakwizerwa ko abo bagabo baramutse boherejwe nta butabera babona mu Rwanda.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukuboza 2015, Umucamanza Arbuthnot yavuze kandi ko hari ibimenyetso byerekana Leta y’u Rwanda ikekwaho gukangisha ko izica abo ifata nk’abatavuga rumwe nayo, ndetse abatavuga rumwe n’iyo Leta baburirwa irengero byaba mu Rwanda cyangwa mu mahanga. Hari ibimenyetso byerekana ko abaregwa bashobora gukorerwa iyicwarubozo mu buroko bw’ibanga aho ngo uburenganzira bwa muntu bw’ibanze butitabwaho.

Célestin Ugirashebuja, Emmanuel Nteziryayo na Charles Munyaneza baregwa kuba bari ba Burugumestre ngo bakaba baragize uruhare mu bwicanyi bwabaye mu makomini bayoboraga. Naho Vincent Bajinya we ngo aregwa kuba ngo yari ayoboye umutwe witwara gisirikare mu mujyi wa Kigali.

Nyuma yo kurekurwa aba bagabo bane bongeye gutabwa muri yombi, hanafatwa kandi na  Céleste Mutabaruka muri Gicurasi 2013.

Marc Matabaro

 

Facebook page: The Rwandan Amakuru Twitter: @therwandaeditor – Email:therwandan@ymail.com

Viewing all 619 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>